Gukora imibonano mpuzabitsina inshuro nyinshi mu cyumweru

Gukora imibonano inshuro eshanu mu cyumweru ku muhungu
bimurinda Cancer
Benshi mu bagabo usanga bakunda kubonana n’abagore babo kenshi, rimwe na rimwe
ugasanga hari n’ababonana n’abagore babo buri joro. Ibi ugasanga hari abagore babyinubira
cyangwa abagabo iyo basabwa nabagore babo gukorana imibonano mpuzabitsina
kenshi,nyamara abahanga bavuga ko ibi ari ingirakamaro kuko ngo bigira ingaruka nziza ku
buzima ku mpande zombi
Gusa ngo ibi bigira ingaruka nziza ku mubiri igihe ababikora babikora babishaka kandi
babyumvikanyeho kandi ahantu heza ku buryo bombi ntawe uri bwumve abangamiwe. Dore
inyungu 10 ku buzima ziterwa no gukora imibonano mpuzabitsina.
1. Guhuza Ibitsina Kenshi byongera abasirikare b’umubiri
Ibi bihuye neza n’uko igihe umuntu uwariwe wese arwaye, ibanga ryo kugirango agire
imbaraga ni ukwiyandayanda agakora imibonano mpuzabitsina,nk’uko bitangazwa
n’abahanga batandukanye, ngo gukora imibonano mpuzabitsina byibura rimwe cyangwa
kabiri mu cyumweru, binganya imbaraga n’ umusirikari w’umubiri (globule) witwa
immunoglobin A,
iyi ngo ikaba irinda umubiri cyane mu kuba wa kwinjirirwa n’ubukonje bushobora gutuma
umuntu atitira agacika intege.
Gukora imibonano mpuzabitsina buri munsi ngo bingana no kurya inanasi imwe buri munsi.
Bityo rero ngo mu kurinda ubudahangarwa bw’umubiri wawe ushobora guhitamo imibonano
mpuzabitsina rimwe ku munsi cyangwa ukarya inanasi imwe ku munsi.
2. Guhuza Igitsina Kenshi Bimara Umunaniro
Akenshi umuntu unaniwe ashobora kuvurwa no gukora sport yo mu bwoko cyangwa, kunywa
akarahura ka Divayi n’ibindi,
ibi byose ngo ntakintu birusha kuba wananirwa ugakora imibonano mpuzabitsina mu rwego
rwo kwivura umunaniro.
3.Guhuza ibitsina kenshi bituma wirinda kuba wafatwa n’indwara z’umutima.
Nubwo imibonano mpuzabitsina ngo idashobora kuvura uwarangije gufatwa n’indwara
y’umutima ariko ifite ubushobozi bwo kurinda abayikora kuba bafatwa n’indwara z’umutima
by’umwihariko ngo kubagabo bakora imibonano mpuzabitsina byibura kabiri mu cyumweru
ngo baba bafite amahirwe menshi yo kutagira aho bahurira n’indwara y’umutima kurusha
abayikora inshuro imwe mu kwezi gusa ngo ntiwagakwiye guhata umuntu ko mukorana
imibonano mpuzabitsina kuko iyo bibaye ku gahato nta kintu na gito biba bikumariye.
4.Guhuza igitsina kenshi byongera ibitotsi.
Abagore benshi bibaza impamvu iyo barangije gukorana imibonano mpuzabitsina
n’umugabo mu ijoro ahita asinzira,ibi ngo biterwa n’uduce dutoya tutabasha kuboneka
tuvuka iyo amatemba buzi yo mu gitsina cy’umugore amaze kuba menshi twitwa oxytocin
dutuma umugabo ahita agira ibitotsi kandi byiza kuburyo n’inzozi zihita zigabanuka kuko aba
asa nk’uwibagiwe ibintu byose yahozemo.
5. Imibonano ituma ukira ububarare bw’umubiri
Twa duce two mu matembabuzi yo mu gitsina nitwo twongera imisemburo yitwa endorphins
irinda umubiri kuba wakumva ububabare ubwo ari bwo bwose buwuriho, ariko by’umwihariko
ngo kubabara umutwe ni cyo kintu cya mbere kigabanywa no gukora imibonano
mpuzabitsina.
Imibonano mpuzabitsina kandi ngo ishobora kugabanya ububabare kubantu barwaye
indwara ya Diabete rimwe na rimwe ikaba ishobora no gukira burundu.
6. Kwirinda kuba wafatwa n’indwara ya Cancer.
Ubushakashatsi bwagaragaje ko abahungu bafite guhera ku myaka 20 kuzamura basohora
intanga byibura gatanu mu cyumweru baba bongereye amahirwe yo kutafatwa n’indwara ya
Cancer y’amabya ku gipimo cya 30%. Mu gihe abasaza bo iyo basohoye intanga inshuro
zirenze 21 mu kwezi baba biyongerera ibyago byo kuba bafatwa na Cancer y’amabya,niyo
mpamvu ngo abasore n’abagabo batarengeje imyaka 50 bagakwiye kwimenyereza gukora
imibonano mpuzabitsina kenshi naho abasaza barengeje iyi myaka bakagabanya inshuro
bakora imibonano mpuzabitsina.
7. Gufasha umubiri gukora intanga nyinshi
Nk’uko kandi ubushakashatsi butandukanye bwagiye bubigaragaza, uko abagabo bagenda
batakaza intanga nyinshi igihe bokora imibonano mpuzabitsina ngo ni nako umubiri ugenda
urushaho gukora intanga nyinshi kurushaho kandi nzima kurusha iziba zasohotse kurusha
abadakora imibonano mpuzabitsina kenshi.
Ibi bikaba bituma kwimenyereza gukora imibonano mpuzabitsina kenshi binatuma umugabo
agira ubushobozi bwo kubyara abana bakomeye kandi buzuye,
bityo rero niba ubona mugenzi wawe aguhata gukora imibonano mpuzabitsina kenshi,
ntugatekereze ko ari inyungu ze ari guharanira cyangwa se abikunda kukurusha, ahubwo ni
inyungu kuri mwe mwembi kuko bizabafasha gukomeza kugira ubuzima bwiza.
Hitimana Asman imirasire.com
1 / 3 100%

Gukora imibonano mpuzabitsina inshuro nyinshi mu cyumweru

La catégorie de ce document est-elle correcte?
Merci pour votre participation!

Faire une suggestion

Avez-vous trouvé des erreurs dans linterface ou les textes ? Ou savez-vous comment améliorer linterface utilisateur de StudyLib ? Nhésitez pas à envoyer vos suggestions. Cest très important pour nous !